AFC/M23 iragenzura uduce tumwe muri Uvira

Ihuriro rya AFC/M23, ryigaruriye umujyi wa Uvira uherereye muri Kivu y'Epfo, gusa hakaba hari uduce duke tutaragerwamo n’aba barwanyi.

Dec 10, 2025 - 13:17
Dec 10, 2025 - 14:23
 0
AFC/M23 iragenzura uduce tumwe muri Uvira

Kuri uyu wa kabiri tariki 9 Ukuboza 2025, nibwo AFC/M23 yinjiye muri Uvira, ahanini nk'uko byanagaragajwe n'abarwanyi bayo bumvikanye mu mashusho yasakaye ku mbuga nkoranyambaga bishimira ko bageze muri uyu mujyi nyuma y'imirwano ikaze yari ibahanganishije na FARDC, ingabo z’u Burundi, abarwanyi ba Wazalendo, FDLR n’Imbonerakure.

Abaturage bamwe baganiriye n'itangazamakuru bavuga ko Quartier Mulongwe, Secteur n’ahandi henshi mu mujyi, kuri ubu hari mu maboko ya AFC/M23, gusa ngo hakaba uduce tutarafatwa, nka Kalundu n’igice cyo ku cyambu.

Uvira ifashwe na AFC/M23 nyuma y’uko uyu mutwe wamaze kwigarurira ibice byo mu kibaya cya Rusizi, mu mirwano yatangiye mu ntangiriro z’icyumweru cyashize. 

Mu mirwano uyu mutwe urimo muri ibi bice birimo na Uvira, ingabo z'u Burundi zabaye nyambere mu kuyikomeza, cyane ko zitifuzaga ko zaturana na AFC/M23 yaba yafashe ibi bice bihana imbibi n'igihugu cy'u Burundi.

What's Your Reaction?

like

dislike

love

funny

angry

sad

wow

Anselme Tuyizere -Media Personality -Sports-Entertainment Tel: +250791737786, Email: anselmetuyizere07@gmail.com