Abarimo Ilkay Gundogan ntibiyumvisha ukuntu umukinnyi w’umwaka muri Afurika yatijwe muri Galatasaray

Igura n’igurishwa ry’abakinnyi ku mugabane w’i Burayi ryarangiye mu mpera z’icyumweru gishize, risiga uwitwa Victor Osimhen yakiriwe na Galatasaray aho kuba Chelsea.

Sep 3, 2024 - 09:25
Sep 3, 2024 - 13:20
 0
Abarimo Ilkay Gundogan ntibiyumvisha ukuntu umukinnyi w’umwaka muri Afurika yatijwe muri Galatasaray

Umukinnyi w’umwataka w’Umunya-Nigeria, Victor Osimhen mu mwaka w’imikino ushize wakiniraga ikipe ya Napoli yo mu Butaliyani yerekeje mu ikipe yitwa Galatasaray, bitangaza abarimo Ilkay Gundogan.

Umwaka w’imikino wa 2023/24 yawusoreje mu ikipe ya Napoli, ashimwa n’abatari bake kubera ubuhanga yagaragaje mu kibuga. Nubwo atatwaye igikombe cy’Afurika ari yafashije ikipe y’igihugu ke cya Nigeria kwitawara neza muri iyo mikino. Ni we watowe nk’umukinnyi mwiza w’Umunyafurika ukina ku mugabane w’i Burayi.

Uwo mwaka w’imikino urangiye, byatangiye kuvugwa ko ashobora kuguma muri Napoli cyangwa se akerekeza muri imwe mu ikipe yo mu Bwongereza. Havuzwe cyane Arsenal na Chelsea.

Mu isoza ry’igura n’igurishwa ry’abakinnyi kumugabane w’I Burayi, ikipe yakinagamo ya Napoli yatangaje urutonde rw’abakinnyi izakoresha mu mwaka w’imikino wa 2024/25 ntihagaragaramo Victor Osimhen. Bihita bihamya ko atazayikinira muri uyu mwaka.

Amaze gutabwa na Napoli, bigaragara ko nta mahirwe yo kujya mu Bwongereza, ikipe yo muri Turkey yitwa Galatasaray yahise yegera Napoli bagirana amasezerano yo kumubatiza umwaka umwe.

Umwe mu nzobere mu igura, igurishwa n’itizwa ry’abakinnyi, Fabrizio Romano yaciye kuri X agira ati:”Galatasaray yamaze kwemeranya na Napoli ko batijwe Victor Osimhen. Agiye muri Galatasaray nk’intizanyo y’umwaka umwe.”

Romano amaze gutangaza ibyo umukinnyi w’ikipe y’igihugu y’U Budage akaba akinira Manchester City, Ilkay Gundogan yahise agaragaza ko atangajwe n’ibyo byakoze, avuga ko ari ubusazi arangije akurikizaho akamenyetso kagaragaza ko bibabaje.

Si we gusa wakozwe ku mutima n’iryo tizwa kuko abatanze ibitekerezo bagaragaje na bo ko bibabaje hari uwagize ati:”Victor Osimhen agiye yari umukinnyi mwiza muri Seria A, yabaye umukinnyi wa 8 mu bari bahataniye igihembo cya Ball D’Or, ni we kandi mukinnyi w’umwaka muri Afurika none agiye muri Galatasaray nk’intizanyo! Mu buryo bubabaje, Napoli yanze umukinnyi wacu.”

Uyu Victor Osimhen ni umwe mu bakinnyi bashobora kuzagaragara ku mukino Amavubi azakinamo na Nigeria ku wa 10 Nzeri 2024.

Victor Osimhen wakiniraga Napoli yerekeje muri Galatasaray

Ilkay Gundogan yagaragaje ko ibyakozwe ari 'ubusazi'

Abakunzi ba Victor  Osimhen ntibiyumvisha ukuntu atagiye mu makipe y'ibigugu ku mugabane w'i Burayi

 

What's Your Reaction?

like

dislike

love

funny

angry

sad

wow