Abareberera umuco nyarwanda baravuga iki ku muco wo kuramukanya uri gucyendera?

Ubuyobozi bwa Komisiyo y’Igihugu ikorana n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku burezi, ubumenyi n’umuco, UNESCO, busaba abantu gusubira ku isoko bakongera bakimika umuco wo kuramukanya ugenda ukendera. Ni mu gihe hari na bamwe mu baturage bagaragaza ko uwo muco ugenda ukendera.

Aug 16, 2024 - 12:27
Aug 16, 2024 - 17:35
 0
Abareberera umuco nyarwanda baravuga iki ku muco wo kuramukanya uri gucyendera?

Abaturage barimo uwitwa Kubwimana Jean Claude, Hakizimana Eric na Mukundwa Evelyne baganiriye na Igisubico.com bavuga ko umuco wahozeho wo kuramukanya abantu bakabazanya uko bamerewe wakendereye, cyane cyane mu bice byo mu mijyi,  aho bashobora kubona umuntu usuhuza uwo abonye nk’ufite ikibazo.

Bongeraho ko biterwa ahanini no gukekakekana ubutekamutwe bushobora kubakorerwa.

Kubwimana yagize ati:”Umuco wo gusuhuzanya uragenda ucika cyane cyane mu bice byo mu mijyi kubera kwikanga ko uwo muntu yaba ari umutubuzi, abandi bakabiterwa n’agasuzuguro, aho umwe ashobora kukureba akavuga ati: uriya se ndamusuhuza mu biki, akakwihorera.”

Mukundwa yavuze ko abenshi babiterwa n’icyo bita iterambera riri kubacengera. Ati:”Hari abantu bari kwigira ku buryo Abanyaburayi bakora nta kubwira undi mwiriwe cyangwa se mwaramutse, bagahitamo kwigendera batavuze.”

Uwitwa Hakizimana yunga mu rya Mukundwa akavuga ko abiganjemo urubyiruko bari kugendera cyane ku mikorere n’imigirire y’abo mu Burengerazuba bw’Isi. Ati:”Kubera filime n’indirimbo z’Abanyaburayi, urubyiruko ruri kwigana uburyo babayeho, ntakwita ku bya gakondo yacu, ariko bo babyita iterambere.”

Umuyobozi muri Komisiyo y’Igihugu ikorana n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku burezi, ubumenyi n’umuco, UNESCO ushinzwe umuco n’ubumenyi bw’imibereho n’imibanire y’abantu, Jérôme Kajuga avuga ko icyo kibazo gihari cy’ikendera ry’umuco wo kuramukanya, agakangurira abantu gusubira ku muco bakigisha abantu mu ngeri zitandukanye kongera kwimakaza uwo muco.

Agira ati:”Ukinjira mu mudoka, cyangwa se ukinjira mu cyumba cyirimo abantu ukabacaho ujunjamye, ukongera ugasohoka utavuze, ni ikibazo! Igihari ni uko umuco wacu uri gucyendera, tugomba kongera kwigisha umuco gakondo; si mu ishuri gusa si mu rugo gusa, ahantu hose burya ikinyabupfura kirahigirwa.”

“Kuvuga ngo umuntu utazi nta n’icyo mugomba kuvugana! Ntabwo ari byo. None se ko tugurira mu iduka tutazi? Kuramukanya ni indangagaciro ikomeye yifuriza abandi ibyiza.”

Kuramukanya ni ikimenyetso kiranga ubupfura ndetse n’uburere gusa bikorwa mu buryo butandukanye bitewe n’umuco w’igihugu runaka.

Abahanga mu by’imibanire bemeza ko kuramukanya byongera urukundo kubaziranye, bikaba n’intangiriro yarwo kubataziranye.

Umuco wo kuramukanya mu Rwanda ufite umuzi mu bisekuruza bya kera aho buri munyarwanda yaramutsaga umuturanyi cyangwa uwo bahuye kugira ngo yumve uko amerewe. Ni yo mpamvu bifuza ko wakongera gusagamba.

What's Your Reaction?

like

dislike

love

funny

angry

sad

wow