Tanzania iri gusogongera ku mujinya w'aba Gen Z

Abiganjemo urubyiruko rw'aba Gen Z muri Tanzania bakamejeje mu myigaragambyo yamagana Perezida Samia Suluhu Hassan.

Oct 30, 2025 - 08:34
Oct 30, 2025 - 08:41
 0
Tanzania iri gusogongera ku mujinya w'aba Gen Z

Iki gihugu cyitakunze kurangwamo ibikorwa nk'ibi kuva ku butegetsi bw'intwari yacyo, Mwalimu Julius Nyerere wabaye Perezida wacyo hagati y'umwaka wa 1964-1985, kuri ubu urubyiruko rwaho ruri gutwika ibikorwaremezo mu myigaragambyo ikaze.

Ku wa 29 Ukwakira 2025, umunsi w'amatora ya Perezida muri iki gihugu, ni bwo abigaragambya biganjemo urubyiruko biraye mu mihanda ya Dar es Salaam n'ahandi, bamagana Perezida Samia bavuga ko we n'ishyaka rye rya CCM banize abatavuga rumwe na bo.

Nyuma y'iyi myigaragambyo yari ikaze, ubuyobozi bwahise bushyiraho gahunda ya guma mu rugo mu murwa mukuru w'ubucuruzi wa Dar es Salaam. Abigaragambya bageze aho batwica udusanduku tw'itora twarimo n'amajwi.

Abiganjemo urubyiruko bigaragambya bakameje muri Tanzania 

Abigaragambya muri iki gihugu, ahanini baragaragaza ko Perezida Samia yafunze umunwa abatavuga n'ubutegetsi bwe, kugeza ubwo bamwe batabonye ni uko bahatana mu matora y'uyu mwaka. 

Ariko kandi abasesengura ibya politiki bakavuga ko aba bigaragambya bashobora kuba batishimiye kuyoborwa na Sami Suluhu Hassan kubera ko ari umugore kuruta uko bavuga ko ari imiyoborere ye mibi, gusa na we agakoresha imbaraga nyinshi agira ngo abereke ubuhangange bwe. 

What's Your Reaction?

like

dislike

love

funny

angry

sad

wow

Anselme Tuyizere -Media Personality -Sports-Entertainment Tel: +250791737786, Email: anselmetuyizere07@gmail.com