Rayo Sports yatangaje umutoza mushya n’itariki y’Umunsi w’Igikundiro
Ikipe ya Rayon Sports yashyize ihishura ko umutoza watozaga Mukura VS, Afhamia Lotfi ari we mutoza wayo mushya igiye kwicumba mu mikino ya Shampiyona y’ikiciro cya mbere n’iyo ku mugabane w’Afurika.
Mugitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 30 Gicurasi 2025, ikipe ya Rayon Sports yaciye ku mbuga nkoranyambaga yemeza ko umutoza wayibangamiye atoza ikipe y’i Huye [Butare], Mukura VS, Afhamia Lofti yagizwe umutoza wayo mushya. Bamwizereyemo ko azageza kure iyo kipe ifite ivuko i Nyanza.
Iryo tangazo ryashyizwe ritangira rivuga ko Rayon Sports inejejwe no kumenyesha ko Umunya-Tunisia, Afhamia Lofti yagizwe umutoza mukuru wa Rayon Sports.
Rikomeza rivuga ko yahawe ikaze mu ikipe na Perezida wa Association Rayon Sports, Thaddee Twagirayezu ashimangira ko aje ngo bafatanye kubaka ikipe itwara ibikombe.
Yakomeje atangaza ko Umunsi w’Ikindiro 2025 umaze kubaka izina nka “Rayon Sports Day” uzaba ku nshuro ya 6, ubere i Kigali hagati y’itariki ya 26 Nyakanga na 09 Kanama 2025 ngo kandi hazatumirwamo ikipe y’ubukombe muri Afurika, gusa ntiyatangaje iyo kipe iyo ari yo.
Uyu mutoza Afhamia Lotfi atangajwe nyuma y’uko byari bimaze iminsi bivugwa ko ari mu muryango winjira muri iyo kipe izwi kandi nka Gikundiro.
Mu mwaka usize w’imikino yatozaga ikipe yo mu Ntara y’Amajyopfo, Mukura VS, yarangije shampiyona iri ku mwanya wa gatanu (5) n’amanota 41. Ibanzirizwa na APR FC n’amanota 67, Rayon Sports n’amanota 63, AS Kigali n’amanota 49 na Police FC yagize amanota 45.
Afhamia Lotfi ni we wagizwe umutoza mukuru wa Rayon Sports
What's Your Reaction?










