Perezida Museveni yishongoye kuri Amerika

Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni yagaragaje ukuntu igihugu cye cyafatiwe ibihano na Leta Zunze Ubumwe z'Amerika, nyuma icyo gihugu cyirabagarukira.

Apr 23, 2025 - 19:42
Apr 23, 2025 - 20:30
 1
Perezida Museveni yishongoye kuri Amerika

Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni yavuze ko igihugu cye cyakomeje guhagarara ku maguru abiri cyamaganira kure ubutinganyi, Leta Zunze Ubumwe z'Amerika yahise iyifungira inzira, ariko ubu yarayigarukiye ihabwa ikaze.

Mu ijambo rye, Perezida Museveni yagize ati:"Twatoye itegeko ryamaganira kure ubutinganyi muri Uganda, uwari Perezida wa Amerika, Joe Biden adufatira ibihano adukura mu ishyirahamwe ryayo ry'ibihugu by'Afurika rizwi nka AGOA. Banki y'Isi na yo yadukuye ku rutonde rw' ibihugu iha inguzanyo, ariko igitangaje ubukungu bwacu bwazamutseho 6%."

Perezida Museveni yakomeje avuga ko icyo gihugu cyamaze kubagarukira.

Ati:"Ubu baratugarukiye baratubwira ngo turi abantu beza, natwe turababwira tuti: nta kibazo dufitanye, muhawe ikaze."

Mu mwaka ushize wa 2024, ibihugu bitandukanye byiganjemo ibyo muri Afurika byamaganiye kure ubutinganyi. Uganda ni kimwe mu bihugu byafashe uwo mwanzuro, bikomeza gutambamirwa na Amerika.

Perezida mushya wa Leta Zunze Ubumwe z'Amerika, Donald Trump yazanye impinduramatwara yo kwamaganira kure ubutinganyi, anongera afungurira amarembo ibihugu byahanwe kubera bwo.

Perezida wa Uganda, Museveni yavuze ko Banki y'Isi yakuye igihugu ke ku bihabwa inguzanyo ariko ubukungu bw'igihugu cye butumbagiraho 6%

What's Your Reaction?

like

dislike

love

funny

angry

sad

wow