Nyabihu: Abanyarwanda baba mu Budage bubatse inzu izafasha ababyeyi babyara
Abagana Ikigo nderabuzima cya Rurembo mu Karere ka Nyabihu biganjemo abagore, bari mu byishimo by’inzu y’ababyeyi (maternité) nshya yuzuye, ikaba yitezweho kubarinda kubyarira mu ngo n’ingendo zivunanye bakoraga bajya ku bindi bigo nderabuzima kubyarirayo.
Bayubakiwe n’Abanyarwanda (Diaspora) baba mu gihugu cy’u Budage, muri gahunda yo korohereza abaturage kubona serivisi zishingiye ku bubyaza, mu kurushaho kwita ku buzima bw’umubyeyi n’umwana.
Nyirandeze Vestine yagarutse ku ngorane bahagiriraga, ati: “Akumba kari kagenewe abagore bazaga kubyarira ahangaha kari gatoya, hashaje cyane, ku buryo uwabaga ategereje kubyara, uri ku bise n’uwabyaye bose babaga bagacurikiranyemo, abantu bakabashungera, hakaba ubwo buzuranamo abamaze kubyara bakabavanga n’abandi barwayi. Hari abiyemezaga kugenda amasaha atanu n’ane bajya kubyarira ahandi, ndetse n’abahitagamo kubyarira mu ngo”.
Usibye abahabyarira, ngo n’abajyaga kubyarira kure baburaga ubagemurira. Ngo iyi maternité nshya yuzuye kuri iki kigo nderabuzima ibaruhuye izo ngorane.
What's Your Reaction?






