Abana barenga miliyoni 2,9 bagiye guhabwa urukingo rwa kabiri rw’Imbasa

Ababyeyi bafite abana bari munsi y’imyaka irindwi bishimiye ko abajyanama b’ubuzima bari gukingira abana babo Imbasa babasanze mu ngo, bavuga ko byabaruhuye ingendo bakoraga babajyana ku bigo nderabuzima ngo bahererweyo urukingo.

Sep 15, 2023 - 18:49
 0
Abana barenga miliyoni 2,9 bagiye guhabwa urukingo rwa kabiri rw’Imbasa

Babitangaje ubwo hatangizwaga ku mugaragaro gahunda yo gutanga urukingo rwa kabiri rw’Imbasa, izarangira hatanzwe inkingo ku basaga miliyoni 2,9.

Iyi gahunda ku rwego rw’igihugu yatangirijwe mu Karere ka Karongi, bitewe n’uko muri aka karere hagaragaye abitwaje imyizerere bakanga ko abana babo bahabwa urwo rukingo.

U Rwanda rwatangiye gukingira abana Imbasa yo mu bwoko bwa kabiri muri Nyakanga uyu mwaka nyuma y’aho igaragaye mu bihugu by’abaturanyi birimo Repububulika Iharanira Demokarasi ya Congo, RDC n’u Burundi.

Tariki 20 Werurwe 2023 ni bwo mu Burundi habonetse ubwandu bushya bw’Imbasa yari imaze imyaka 30 itaharangwa. Iyi mbasa kandi yanagaragaye muri RDC, ahamaze kugaragara abarwayi 407 guhera mu ntangiriro z’umwaka wa 2022 kugeza muri Gicurasi 2023 nk’uko byatangajwe n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Ubuzima, OMS.

Imbasa ni indwara iterwa n’agakoko ka Poliyovirusi (Poliovirus) karimo ubwoko butatu, ifata urwungano ngogozi ikagera no ku myakura bigatera ubumuga bw’ingingo z’amaguru n’amaboko buhutiyeho kandi budakira, ndetse n’urupfu. Nta muti igira ariko ifite urukingo.

Dr Aline Uwimana ushinzwe Ubuzima bw’Umubyeyi n’umwana mu Kigo cy’Igihugu cy’Ubuzima, RBC, yavuze ko abana bahawe doze ya mbere ari 2.916.000, agaragaza ko uyu mubare ushobora kuziyongera mu gutanga doze ya kabiri bitewe n’uko hari abavutse nyuma yo gutanga doze ya mbere.

Ati “Kongera gukingira ni ugushimangira urukingo rwa mbere twatanze. Dushishikariza ababyeyi gukingiza abana babo kuko uru rukingo ni ingenzi.”

Uru rukingo ni igitonyanga gihabwa buri mwana wese kuva ku mwana w’imyaka irindwi kumanura kugera ku ruhinja. Ikingira rikorwa n’abajyanama b’ubuzima basanze abana mu ngo z’ababyeyi babo.

Niwemfura Clarisse wo mu Mudugudu wa Muremera, Akagari ka Gitwa, Umurenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi nyuma yo guhesha umwana urukingo rwa kabiri, yavuze ko urwa mbere nta kibazo rwagize ku mwana we.

Ati “Ikigaragara cyo urukingo ni ubuzima ntacyo rwangiza ku mwana, ahubwo umwana ushobora kugira ikibazo ni utagize amahirwe yo kubona urwo rukingo. Ndashishikariza ababyeyi bose guhesha abana urwo rukingo kuko Leta y’u Rwanda nta kibi itwifuriza.”

Nyirabizimana Peteronille yavuze ko mbere bakoraga urugendo bajya gukingiza abana ku kigo nderabuzima bikabagora bikaba byatuma hari n’abana bacikanwa n’inkingo umubyeyi yagize ubute bwo kumujyana.

Ati “Ni iby’agaciro kuba abajyanama b’ubuzima bari gukingira abana babasanze mu ngo, bizatuma nta mwana ucikanwa n’urukingo. Mbere umubyeyi yashoboraga kujyana umwana kumukingiza cyangwa ntamujyane ntihagire ubimenya ariko ubu kubera ko ari ukubasanga mu rugo, bizatuma nta mwana ucikanwa.”

Imbasa yandurira mu biryo n’ibinyobwa byandujwe n’agakoko ka Poliovirus. Ahandi ishobora kwandurira ni mu gukora ku kintu cyangwa ahantu handujwe n’umuntu uyirwaye kimwe no kugira aho uhurira n’amatembabuzi aturuka mu kanwa cyangwa mu mazuru y’uwayanduye.

Mu bimenyetso by’Imbasa harimo umuriro (rimwe na rimwe), umunaniro ukabije, guhorana iseseme no kuruka, kuribwa umutwe, rimwe na rimwe kugagara ijosi ariko ikimenyetso cy’ingenzi ni ubumuga buhutiyeho bw’ingingo cyane amaguru n’amaboko kandi ntibikira.

Umurwayi w’Imbasa aheruka kugaragara mu Rwanda mu 1993. Mu 2004 rwahawe icyemezo cy’uko nta mbasa irangwa mu gihugu.

Mu 2020, indwara y’Imbasa yagaragaye muri Afghanistan na Pakistan, aho isa n’iyabaye akarande. Mu 1988, abantu bari banduye Imbasa bageraga ku 350.000 ku Isi mu bihugu 125. Muri uwo mwaka ni ho inama y’abagize OMS yemeje ko bagomba gufatanya bakayirandura kuko ubwandu bushya bwari bwariyongereyeho 99%.

What's Your Reaction?

like

dislike

love

funny

angry

sad

wow