Niyo Bosco yasezeranye imbere y'amategeko
Umuhanzi akaba n'umwanditsi w'indirimbo, Niyo Bosco yasezeranye mu mategeko na Mukamisha Irene bagiye gutangirana urugendo rwo kuba umugabo n'umugore.
Kuri uyu wa gatatu tariki 10 Ukuboza 2025, ni bwo umuhango wo gusezerana imbere y'amategeko kuri aba bombi wabereye mu murenge wa Kinyinya mu karere ka Gasabo.
Umuhango wo gusezerana kwa Niyo Bosco na Mukamisha witabiriwe n'abo mu miryango yabo, inshuti, ababa mu ruganda rw'imyidagaduro n'abandi. Bamporiki Edouard wahoze ari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Urubyiruko, na we yari yitabiriye.
Niyo Bosco na Mukamisha basezeranye ivangamutungo rusange, baritegura gukora umuhango w'ubukwe nyirizina ku wa 16 Mutarama 2026.
Mu birori byitabiriwe n'ibyamamare bitandukanye, ku wa 17 Nzeri 2025 Niyo Bosco ni bwo yambitse impeta Mukamisha Irene amusaba ko yazamubera umugore maze na we abyemera atazuyaje.
Umuhanzi Niyo Bosco n'umugore ubwo bari mu cyumba basezeraniyemo (Ifoto ya Peacemaker Pundit)
What's Your Reaction?










