Niffer wafunzwe azira kwigana Perezida Samia, yafunguwe

Ubushinjacyaha bwo muri Tanzania bwahagaritse ibirego bya Jenifer Jovin uzwi nka Niffer Jovin wafunzwe azira kwigana Perezida Samia, maze ahita arekurwa hamwe na mugenzi we Mika Lucas Chavala, bombi bari bakurikiranweho icyaha cyo kugambanira iguhugu, gihanishwa igihano cy'urupfu.

Dec 3, 2025 - 15:16
Dec 3, 2025 - 17:37
 0
Niffer wafunzwe azira kwigana Perezida Samia, yafunguwe

Iki cyemezo cyafashwe kuri uyu wa 3 Ukuboza 2025, gifatwa n’Umucamanza Mukuru Wungirije, Aaron Lyamuya, nyuma y’uko Umwavoka wa Leta, Titus Aron, yari yabwiye Urukiko ko umuyobozi mukuru w'ubushinjacyaha adafite umugambi wo gukomeza gukurikirana aba bombi.

Dosiye y’iri perereza, yahagaritswe hakurikijwe ingingo ya 92(1) y’Itegeko rya Tanzania, rigenga uburyo bw’iburanisha mu byaha, icyika cya 20, ryasubiwemo mu 2023.

Umucamanza Lyamuya yavuze ko urukiko rwemeye icyifuzo cyatanzwe n’Ubushinjacyaha, bityo ruhita rwanzura kurekura aba bakekwaga bombi. 

Niffer Jovin usanzwe ari umucuruzi w'ibirungo by'ubwiza, by'umwihariko, yari yafunzwe nyuma y'uko yagaragaye mu mashusho yo kuri TikTok yigana Perezida Samia mu buryo bw'urwenya, mu gihe igihugu cyari mu bihe by'imyigaragambyo y'abarwanya umukuru w'igihugu.

What's Your Reaction?

like

dislike

love

funny

angry

sad

wow

Anselme Tuyizere -Media Personality -Sports-Entertainment Tel: +250791737786, Email: anselmetuyizere07@gmail.com