Megan Thee Stallion aravugwa mu rukundo rushya
Nyuma yo gushinja ubuhehesi uwo yakundaga, Pardison ‘Pardi’ Fontaine, Megan Thee Stallion yagaragaje ibimenyetso by’urukundo rushya.
Umuraperikazi wo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Megan Jovon Ruth Pete uzwi mu muziki nka Megan Thee Stallion yagaragaye mu mashusho ku rubuga rwa TikTok ari kurebana akana ko mu jisho n’umukinnyi wa basketball, Torrey Craig.
Muri ayo mashusho yashyizwe hanze ku mugoroba wo ku wa Gatatu, tariki ya 28 Kanama 2024, ariko akaba yamaze gusibwa kuri TikTok, agaragaza Megan w’imyaka 29 ukunzwe mu ndirimbo: Cobra, Mamushi na Wanna Be, ari kumwe n’umukinnyi w’ikipe ya basketball yo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika Chicago Bulls,Torrey Craig w’imyaka 33, baryohewe n’ibihe.
Abo bombi bagaragara bari gusubiza ibibazo bijyanye n’urukundo rwabo. Kimwe mu bibazo bagarutseho; ni inde uvuga bwa mbere ijambo ‘ndagukunda’? Buri umwe yavuze mugenzi we; Megan avuga ko ari Torrey na Torrey agaragaza ko ari Megan.
Nta n’umwe muri aba bombi urahishura ukuntu yatangiye inzira y’urukundo na mugenzi we.
Uyu muraperikazi Megan Thee Stallion yagiye agaragara mu nkuru z’inkundo zitandukanye. Muri Gashyantare 2021 yaciye kuri Instagram ahamya ko ari mu rukundo na Pardison ‘Pardi’ Fontaine. Nyuma Megan yakoze indirimbo ‘Cobra’ amushinja ubuhehesi.
Muri Gicurasi 2023, Megan Thee Stallion watangajwe ko ari we musangiza w’amagambo w’ibihembo bya ‘MTV Video Music Awards 2024,’ yavuzwe mu rukundo n’umukinnyi w’umupira w’amaguru ukinira ikipe y’igihugu y’U Bubiligi, Romelu Lukaku, nyuma yamushinje kumuca inyuma ariko Lukaku aza kubyamaganira kure.
Torrey ari kuvugwa mu rukundo na Megan Thee Stallion, nyuma yuko yari amaze iminsi bizwi ko acuditse n’umukobwa witwa Nicole Zavala wamenyekane mu kiganiro mpamo kizwi nka ‘Cartel Crew.’
Megan Thee Stallion aravugwa mu rukundo na Torrey
What's Your Reaction?










