Iwacu bari barabuze icyo nshoboye! Yampano yagarutse ku buzima yabayemo

Umuhanzi Yampano uri mu bagezweho muri iki gihe, aravuga ko iwabo babonaga ntacyo ashoboye bagatekereza ko nta ahazaza afite.

Jan 4, 2025 - 14:01
Jan 4, 2025 - 14:33
 0
Iwacu bari barabuze icyo nshoboye! Yampano yagarutse ku buzima yabayemo

Uworizagwira Florien umaze kubaka izina mu muziki nka Yampano yahishuye ko mu bwana bwe iwabo bari batuye mu cyahoze ari Cyangugu ubu ni mu Karere ka Nyamasheke mu Ntara y'i Burengerazuba, ngo iwabo baramurebaga bakabona ntacyo azimarira.

 Yampano wari mu bahanzi basusurukije abitabiriye igitaramo cya  The Ben yise "The New Year Groove & Album Launch" yishimirwa n'abatari bake bitewe n'uburyo yitwaye ku rubyiniro abicishije mu ndirimbo ze zakunzwe n'izikunzwe kuri ubu.

 Mu kiganiro Yampano yagiranye na MIE, yasubije amaso inyuma atangaza uburyo yari abayeho, iwabo bakabona ari umwana udafite icyo yakora ngo atere imbere.

 Yagize ati:"Nkiri umwana twari dutuye i Nyamasheke, mbere yuko twimukira i Kigali, iwacu barandebaga bakabona nta kintu nzageraho bakanyohereza kuragira inkoko, ubwo nanjye nkazijyana mu misozi nkamarwa irungu no kuririmba."

Yampano ukunzwe mu ndirimbo "Si ibyanjye, Ngo na Meteresi", yongeyeho ko yiyumvisemo inganzo akiri mu muto muri ibyo bihe bavugaga ko nta hazaza he.

 Ati:"Naragendaga nkaragira mu misozi, noneho nkaririmba nkikirizwa na nyiramubande, nkavuga nti:uziko burya mfite inganzo n'ijwi ryiza!"

Yampano yakomeje kuzirikana impano ye, aje i Kigali akajya yegera abandi bahanzi barimo na Makanyaga Abdul bakamuhugura mu buryo bwo gukora umuziki no gucuranga gitari, ubu ni umuhanga mu kuyicuranga.

 Uyu musore avuga ko Makanyaga yamwongereye ubumenyi mu gucuranga kuko yavutse asanga gitari mu rugo, akajya agerageza kuyicuranga ariko uwo munyabigwi mu muziki yamudashihe kunoza ibyo yari yarayizeho.

What's Your Reaction?

like

dislike

love

funny

angry

sad

wow