Imurikagurisha mpuzamahanga rya 2023 risize iki?

Abitabiriye imurikagurisha muri uyu mwaka wa 2023 baratangaza ko uyu uba ari umwanya mwiza wo kugaragaza ibicuruzwa na serivisi batanga kuko umubare w'abaza kurisura ari mwinshi ku munsi. Urugaga rw'abikorera rwizeza kwihutisha iyubakwa ry'ahazajya hakorerwa imurikagurisha hagutse kuko uyu mwaka hari abamurika batabonye amahirwe kubera ubuto bw'ahamurikirwa muri iki gihe.

Aug 15, 2023 - 19:40
 0
Imurikagurisha mpuzamahanga rya 2023 risize iki?
Ku munsi ubanziriza uwa nyuma w'imurikagurisha, aho risanzwe ribera i Gikondo, urujya n'uruza ni rwose ugereranije n'indi minsi. Abitabiriye imurikagurisha bwa mbere basobanura ko aya ari amahirwe akomeye babonye yo kugaragariza imbaga y'abasura ibicuruzwa na serivisi batanga.
Abamaze imyaka myinshi bitabira iri murikagurisha ntibashidikanya ku kwaguka kw'abakliya babo.
Ku ruhande rw'abasura imurikagurisha bashimangira ko nibura babasha kubonera hamwe ibyo bifuza guhaha.
Icyakora Minisitiri w'Ubucuruzi n'inganda Dr. Jean Chrisostome Ngabitsinze ashishikariza abikorera bo mu Rwanda kongera ubwiza n'ubwinshi bw'ibikorerwa mu Rwanda kugirango bungukire ahahurira abantu benshi nk'aha.
Perezida w'urugaga rw'abikorera mu Rwanda Jeanne Francoise Mubiligi avuga ko harimo kwihutishwa igikorwa cyo kwimura ahabera imurikagurisha kugirango hakirwe umubare munini w'abamurika.
Ni ku nshuro ya 26 u Rwanda rwakira imurikagurisha mpuzamahanga aho uyu mwaka ryitabiriwe n'abamurika 412 barimo n'abanyamahanga 121 baturutse mu bihugu 22, habarurwa kandi abarisuye bagera ku bihumbi 300.
Iri murikagurisha rirasozwa kuri uyu wa 2 tariki ya 15 Kanama 2023.

What's Your Reaction?

like

dislike

love

funny

angry

sad

wow