Icyo Papa Francis asabwa kugira ngo amererwe neza

Nyuma y'iminsi Papa Francis arembeye mu bitaro kubera ikibazo cy'ubuhumekero, yongeye kugaragara mu ruhame, ahabwa amezi abiri y'ikiruhuko.

Mar 24, 2025 - 20:25
Mar 25, 2025 - 08:16
 0
Icyo Papa Francis asabwa kugira ngo amererwe neza

Umukambwe Papa Francis yagaragaye mu ruhame mu mpera z'icyumweru gishize yongera gusuhuza abantu barenga ibihumbi 3000 bari bamutegereje. Bihishurwa ko abaganga bamugiriye inama yo kumara iminsi igera mu mezi abiri aruhuka.

Papa Francis w'imyaka 88 yagaragaye mu idirishya ry'ibitaro bya Gemelli ku wa 18 Werurwe 2025, asuhuza abatari bake bari baje kumureba, dore ko hari hashize igihe atagaragara guhera yashyirwa mu bitaro ku wa 14 Gashyantare 2025 kubera indwara y'ubuhumekero aho yarafite ikibazo cy' umusonga mu bihaha.

Abantu batandukanye hirya no hino ku Isi bari batewe impungenge n'ubuzima bwe, bamwe ntibatinyaga no kuvuga ko ubuzima bwe buri mukaga, ngo yaragiye gutabaruka.

Ubu yahawe uburenganzira bwo kuva mu bitaro ariko abaganga bamugira inama yo kumara amezi abiri aruhuka kugira ngo yongere agire ubuzima bwiza.

Umuganga uri mu bavuzi bari kumureberera, Dr. Sergio Alffieri yemeje ko ubu ameze neza atakirembejwe n'indwara yo mu bihaha.

Papa Francis umaze imyaka 12 ari umuyobozi wa Kiliziya Gatolika ku Isi, yagiye ahura n'ibibazo by'ubuzima mu myaka ye. Harimo kuba yarabazwe akurwamo igihaha kimwe afite imyaka 21.

What's Your Reaction?

like

dislike

love

funny

angry

sad

wow