Icyatumye Sadio Mane adakinira Senegal yatsinze U Bwongereza

Sadio Mane wamenyekanye cyane akinira ikipe yo mu Bwongereza, Liverpool ntiyagaragaye mu mukino wa gincuti ikipe ye ya Senegal yatsinzemo ikipe y'U Bwongereza ibitego 3-1.

Jun 11, 2025 - 09:58
Jun 11, 2025 - 10:17
 0
Icyatumye Sadio Mane adakinira Senegal yatsinze U Bwongereza

Mu ijoro ryo ku wa 10 Kamena 2025, ikipe ya Senegal izwi nk'Intare za Teranga yari yasuye ikipe y'U Bwongereza izwi nk'Intare Eshatu kuri sitade ya Nottingham Forest "City Ground," uwo mukino wa gincuti urangira Senegal itsinze kandi itari ifite kizigenza wayo, Sadio Mane.

Umukino watangiranye imbaraga ku ruhande rw' U Bwongereza maze ku munota wa 6, Harry Kane afungura amazamu ariko mu minota itanu gusa, umusore wa Senegal, Nickolas Jackson yatsinze igitego cyayo cya mbere.

Igitego cya kabiri cyatsinzwe na Habib Diarra noneho icya gatatu cyaje cyuzuza ibitego bitatu cyatsinzwe na Cheikh Sabaly. Umukino urangira ari ibitego 3-1.

Nyuma y'umukino Talk Sport yabajije Sadio Mane impamvu atakinnye uwo mukino avuga ko yikuye mu bari gukina kubera abamunenga.

Ati:"Byinshi byamvuzweho mpitamo kureka gukina uriya mukino. Ndatekereza ko ari njye mukinnyi wagawe cyane muri Senegal. Ibyo nta kibazo mbifiteho buri wese afite uburenganzira bwo gutanga ibitekerezo. Ariko hari ibintu bindi byiza byo gukora mu kimbo cyo kumvuga. Ubu se numvuga nabi birakungura iki?"

Uyu si umukino wa mbere wabahuje n'U Bwongereza, Sadio Mane atakinnyemo kuko Senegal ihurira muri 1/8 n'U Bwongereza mu mikino ya nyuma y'Igikombe cy' Isi 2022, Sadio Mane ntiyawukinnye bavuga ko yabitewe n'imvune yagize mu kagumbambari.

What's Your Reaction?

like

dislike

love

funny

angry

sad

wow