IBANGA RY’UBUZIMA: Twaje mu Isi ntacyo dufite ariko dore icyo dukwiye gusiga

May 8, 2025 - 10:02
May 8, 2025 - 10:11
 0
IBANGA RY’UBUZIMA: Twaje mu Isi ntacyo dufite ariko dore icyo dukwiye gusiga

1. Jya ufata buri muntu wese neza ukoresheje ineza n'icyubahiro. Ndetse n'abakugirira nabi. Wibuke ko ugirira abandi impuhwe atari ukubera abo ari bo ahubwo kubera uwo uriwe.

2. Igihe kigena uwo muhura mu buzima, umutima wawe ugahitamo uwo ushaka mu buzima bwawe, kandi imyitwarire yawe igena uguma mu buzima bwawe.

3. Uwaguhemukiye rimwe, ashobora kuguhemukira inshuro igihumbi. Ntukeneye ko unywa inyanja yose kugirango umenye ko ari umunyu. Niba hari umuntu waguhemukiye genda gake.

4. Iyo usenye ubuzima bw’umuntu ukoresheje ibinyoma ujye ubifate nk’inguzanyo, kuko bizakugarukira hamwe n’inyungu.

5. Twaje muri iyi isi ntacyo dufite, twambaye ubusa, nta n'icyo dufite mu ntoki. Umunsi uvuka hari umuntu wakwogeje uri uruhinja, umunsi wanyuma hari uzakwoza n'ubundi uri umurambo. Bivuze ko uzava muri iyi isi nkuko wayinjiyemo, none kubera iki wikoreye; ubugome bwinshi, ishyari ryinshi, urwango rwinshi, inzika, kwikunda no kwiyemera?

Twese tuzagenda ubusa, ibintu byose twabonye byose tuzabisiga ku isi. Ikintu kizajyana nawe, mubyukuri n’urukundo wahaye abandi, impuhwe wagaragaje, kwicisha bugufi, gushimira, ubufasha bwawe, ineza yawe. Nguwo umurage uzasiga hano abantu bose bazakurikiza.

Philemon Burgin

What's Your Reaction?

like

dislike

love

funny

angry

sad

wow