IBANGA RY’UBUZIMA: Ntuzigere witwaza ibi bintu 3 ngo ushinyagurire abandi
1. Amafaranga
Uyu munsi ushobora kuba ufite amafaranga ariko jya wibuka ko amafaranga agira amababa, umukire w’uyu munsi ashobora kuba usabiriza ejo.
Ntugashinyagurire abantu barimo bashakisha bataragira amafaranga nk’ayawe.
2. Urushako cyangwa gushinga urugo
Kubera ko washinze urugo ntibivuze ko abandi batsinzwe cyangwa byabananiye.
Hari abagitegereje ko Imana yabakiza ibikomere bafite, abandi bari kwirinda abantu babi cyangwa abantu batari abanyabo. Ujye wibuka ko
3. Abana
Abana ni impano iva ku Mana, ntugaseke abatarabasha kubona abana.
Ibyo ubashinyagurira uyu munsi nawe ejo ushobora kugira ibyo ubura, niko ubuzima bumeze.
Jya uba umunyabwenge, umenye ko ubuzima buhinduka, ibihe birahinduka.
Philemon Burgin
What's Your Reaction?










