IBANGA RY’UBUZIMA: Kurira kwawe suko uri umunyantege nke

Oct 2, 2025 - 12:04
Oct 2, 2025 - 12:07
 1
IBANGA RY’UBUZIMA: Kurira kwawe suko uri umunyantege nke

Umutima wawe warashenjaguritse inshuro nyinshi, warize inshuro nyinshi gusa kurira kwawe suko uri umunyantege nke ahubwo ni ukubera ko rimwe na rimwe aribwo buryo bwonyine bwo kureka ububabare buri muri wowe bukareka gukomeza kwicara mu mutima wawe.

Buri marira urira agaragaza ibihe uri gucamo, uburyo uri kurwana. Komera rero ukomeze urugendo.

Iyo ubuzima bugukomeranye hanyuma ukarira ntabwo biba bivuze ko uri umunyantege nke, ahubwo bigufasha gukira ibyo bikomere ndetse no gusohora ibyo udashobora kuvuga usakuje.

Buri marira urira akugira umuntu ukomeye kabone nubwo ubuzima bwaba bugerageza kukugora.

Ujye umenya ko ushobora kongera kurabagirana. Buri uko umutima wawe uremererwa, buri uko ugira ububabare ujye umenya ko ibyo biri kukurema mo undi muntu udasanzwe kandi ujye umenya ko ibyo uhura nabyo byose bidafite kuguhagarika.

Warababaye, warahangayitse ariko ukwiriye gukomeza uhagaze, nugwa jya uhita ubyuka vuba na bwangu, ntugahe umwanya abifuza ko wahora urira.

Amarira yawe ntabwo asobanuye kuva ku bintu ahubwo ni icyemeza ko ukwiye kurwana kugeza umwenyuye. Uko ibintu byaba bikomeye gute komeza ugerageze ujye imbere.

Abakomeye uyu munsi hari ubwo usanga bakomejwe n’ububabare baciyemo. Ubuzima nibugukomerera ntibikagutere guhagarara, jya ukomeze ugerageze, wongere ubyuke.

Philemon Burgin

What's Your Reaction?

like

dislike

love

funny

angry

sad

wow