IBANGA RY’UBUZIMA: Kubabarira ni urufunguzo rufungura umuryango w'inzika n'amapingu y'urwango
Buri gihe ujye ubabarira, atari ukubera ko bakwiriye kubabarirwa, ahubwo ari ukubera ko ukeneye amahoro muri wowe.
Kubabarira umuntu ntibisobanura kwibagirwa ibyo yakoze. Bisobanura gusa kureka ububabare bukagenda bushira muri wowe ku buryo usigaye wumva ari ibisanzwe.
Kubabarira ni amahitamo. Ushobora guhitamo gukomeza kurakara, cyangwa ushobora guhitamo kubabarira no gukomeza urugendo.
Kubabarira ni ukubohora imfungwa no kumenya ko imfungwa ari wowe.
Kubabarira ntibibaho icyarimwe. N'inzira ifata igihe no kwihangana.
Kubabarira ntabwo ari ukongera kubaka icyizere, ahubwo ni uguha umuntu amahirwe yo kongera kugirirwa icyizere.
Kubabarira ntabwo buri gihe byoroshye. Rimwe na rimwe, birababaza kuruta igikomere twagize, kubabarira uwaguteye igikomere birababaza ariko nta mahoro abaho atababariye.
Philemon Burgin
What's Your Reaction?










