IBANGA RY'UBUZIMA: Igikomere ufite hari umunsi kizaba inkovu
Igikomere ufite hari umunsi kizaba inkovu ariko ubu kireke ni ikibazo cy’igihe wowe icyo usabwa ni ugutuza no kwihangana.
Uyu munsi ujye mu ndorerwamo hanyuma ufate akanya ushimire uwo muntu ubona muri iyo ndorerwamo kuko wanyuze muri byinshi bibi cyane ariko ntabwo uwo muntu uri mu ndorerwamo yigeze acogora, kandi uwo muntu ni wowe.
Rimwe na rimwe umenya uburemere bw’umutwaro wari wikoreye iyo umaze kuwutura.
Ibyo uri gucamo wibyita agahinda ahubwo byite imvura, iyaba gusa wari uzi uburyo uyikeneye ngo ubashe gukura.
Inshuti duhura nazo muri iyi si y’ubuzima nizo zidufasha kutinubira uburebure bw’urugendo, niyompamvu ukeneye inshuti.
Gusa ujye unamenya ko n’umuntu mwiza kuri wowe ashobora kukubera mubi, ariko igihari mu buzima uba unakeneye urukundo kabone nubwo wahemukirwa gute.
Umutima ukomeretse ushobora kwica vuba kuruta microbe usibye gusa ko umubiri utinda gushyingurwa.
Ushobora gufunga amaso ngo utabona ariko ntushobora gufunga ubwonko ngo utibuka.
Muri iki iki gitabo cy'ubuzima ibisubizo ntibiri muri page urangije wisubira inyuma komeza usome, komeza uhindure page kuko ushobora kubona igisubizo imbere.
Philemon Burgin
What's Your Reaction?










