IBANGA RY’UBUZIMA: Dore impamvu bamwe basubiza ko bameze neza kandi imbere bashira

Jul 25, 2025 - 10:42
Jul 25, 2025 - 10:59
 0
IBANGA RY’UBUZIMA: Dore impamvu bamwe basubiza ko bameze neza kandi imbere bashira

Muri ubu buzima hari umukino, uwo mukino witwa ubuzima, iyo uwutsinze n’ubundi birangira tuvuye muri iyi si. Hari abatsinze uwo mukino bahemutse, bakoresheje urwango n’ubundi bugome.

Kubera iki tutareka urwango, ubugome ubundi ibyo duharanira byose ko ihereze ryabyo ko bizarangirana n’umunsi umwe. Kubera iki urwango, kubera iki ubugome kandi n'ubundi bizarangira twese tuvuye muri iyi si. Byarutwa ugakora ibyiza niyo byaba ari bike gute ariko si kimwe n’ubugome n’urwango.

Mu buzima ikiganza kimwe cyaguhanaguye amarira uri kurira kubera ibibazo ufite, kiruta ibiganza 10 byagukomeye amashyi wageze ku bisubizo.

Ntugafate umwanya uvuga umuntu mu gihe uzi isura ye ariko utazi ubwoba bwe, ubona inseko ye ariko ntuzi amarira ye, uzi ingendo ye cyangwa imibereho ye ariko ntuzi ibyo anyuramo, ahangana nabyo, wumva ijwi rye ariko ntabwo uzi ibiri mu bitekerezo bye. Uzi neza izina rye ariko ntuzi urugendo rwe.

Kuba warahuye n’agahinda gakabije cyane ntibisobanuye ko ukwiye kubura ibyiringiro ko ibintu bitazamera neza. Komera kandi utwaze gitwari ibintu bizahinduka, ni ikibazo cy'igihe gusa.

Hari ubwo twibaza impamvu abantu ari babi ku buryo hari abanezezwa n’ibyago by’abandi bakumva barishimye gusa, igisubizo nuko intego y’abantu benshi ni ukumva ko bari hejuru y’abandi, niyo yagufasha ariko abakeneye ko utajya hejuru ye.

Buri iyo ubajije umuntu uko ameze aragusubiza ngo ameze neza, reka nkubwire akenshi iyo bagusubije ngo bameze neza siko bose baba bameze neza ahubwo ushobora gusanga uwo muntu ari mu ntambara, ari kurwana n’amadayimoni wowe udashobora kubona, buri uko ahumetse, buri ntambwe atera ari kurwana kubw’impamvu yo kugirango akomeze atere urutambwe.

Kubera iki iyo umuntu atubajije uko tumeze dusubiza ko tumeze neza? Ni ukubera ko isi itajya y’ita ku buribwe bw’umuntu. Nk’abantu tuba dushaka kwishima, ibituma turwana bucece.

Tuvuga ko tumeze neza kubera ko ntabwo ari buri muntu wese witaye ku kuri, si buri wese witaye ku bubabare bw’undi.

Gusa nubwo twese ahari twagaragaza ko tumeze neza ariko tutameze neza, igihari nuko dukwiye guhagarara twemye, tukarwana kugeza tugeze ku ntsinzi.

Philemon Burgin 

What's Your Reaction?

like

dislike

love

funny

angry

sad

wow