Eric Senderi yatangaje abahanzi bakomeye arwaye guhurira nabo ku rubyiniro

Umuhanzi Eric Senderi umenyerewe cyane mu ndirimbo zishyushyusha abantu ariko zikubiyemo n'ubutumwa nyuma yo kuzenguruka mu bitaramo bya tour du Rwanda festival akabona uburyo yakirwa, yatangaje ko abahanzi nka Diamond ndetse na Davido arwaye guhurira nabo ku rubyiniro mu Rwanda ubundi akabemeza.

Feb 27, 2024 - 16:20
Feb 27, 2024 - 18:27
 0
Eric Senderi yatangaje  abahanzi bakomeye arwaye guhurira nabo ku rubyiniro

Senderi international hit ni umuhanzi akenshi ukunda kwitabazwa mu bitaramo bigiye bitandukanye bitewe n'ubuhanga afite mu gushyushya abantu binyuze mu bihangano bye bitandukanye.

Nyuma y'uko azengurutse imijyi nka Huye, Rubavu, Musanze ndetse na Kigali mu bitaramo bya tour du Rwanda festival ni we muhanzi wahoraga abanza ku rubyiniro akabanza agashyushya abantu ndetse iyo urebye usanga ari we muhanzi wakiriwe neza kurusha abandi.

Ubwo hasozwaga ibitaramo bya tour du Rwanda mu mujyi wa Kigali Eric Senderi nyuma yo kuva ku rubyiniro yakiriwe neza nk'ibisanzwe, yavuze ko nyuma yo kubona uburyo abanyarwanda bamwishimiye, kuri ubu arwaye guhurira ku rubyiniro na Diamond ndetse na Davido baje mu Rwanda ubundi akabemeza.

Senderi avuga ko mu gihe habaye ibitaramo bikomeye, ababitegura batajya baha amahirwe abahanzi bari mu Rwanda ngo nabo bigaragaze Kandi ahamya ko bakwakirwa neza kurusha abo bo hanze.

Ku giti ke ahamya ko aramutse abanje ku rubyiniro mbere yabo, yakwigarurira abafana bose, igihe cyabo cyagera bakabura abantu.

Senderi mu gihe ageze ku rubyiniro akunze kwifashisha zimwe mu ndirimbo zakunzwe na benshi nka Bazemera ryari, izo yagiye akorera amakipe n'izindi.

What's Your Reaction?

like

dislike

love

funny

angry

sad

wow