Burundi: Dore icyatumye Perezida Ndayishimiye ategeka ko hafi 1/2 cy'imfungwa zifungurwa
Perezida w'igihugu cy'U Burundi, Evariste Ndayishimiye yategetse ko abashinzwe imfungwa muri icyo gihugu bafungura imfungwa ziri mu magororero hirya no hino mu gihugu mu rwego rwo gucungura amafaranga abatangwaho.
Ibyo Perezida Ndayishimiye yabivugiye mu Ntara ya Muramvya ku wa Kane, tariki ya 14 Ugushyingo 2024, ahamya ko kugira ngo hagabanywe ubucukike mu magereza, amafaranga abatangwaho na yo akoreshwe ibindi. Hagiye kurekurwa imfungwa ibihumbi 5,442, ni ukuvuga 41% by'abasanzwe bafunzwe bangana na 13,211. Yahise atanga itegeko ko ibyo bigomba gukorwa mu byumweru bibiri gusa.
Perezida Ndayishimiye amaze kugezwaho ikibazo cy'ubucucike buri hejuru mu magereza ndetse n'ibitangwa ku bafunzwe, na we yahise avuga ibyo bahomba kubera abantu bafunzwe, aboneraho umwanya wo gutanga imbabazi.
Yagize ati:"Ndabizi hari amafaranga atangwa kuri aba bafunzwe. Baramutse barekuwe ayo mafaranga yakoreshwa ibindi. Nta muntu wafunzwe ntimwakongera kuvuga ngo abanyeshuri babuze intebe cyangwa ngo babuze amakayi. Murumva uburyo duhomba!"
Yakomeje abibutsa ko buri mwaka Leta ikoresha hafi miliyaridi 15 n'amafaranga y'Amarundi mu gisata cy'ifungwa. Atekereza ko ayo mafaranga ari menshi cyane. Ku bwe, ayo mafaranga akwiye gukoreshwa mu kubaka amashuri n'amavuriro.
BBC yanditse ko abagomba kurekurwa ari abamaze kurenza 1/4 cy'igifungo. Ni ukuvuga ko uwakatiwe gufungwa imyaka 20 akaba ageze hejuru y'imyaka 15, agomba kurekurwa.
Abandi bagomba kurekurwa n'abageze mu za bukuru n'abarwaye indwara zikomeye cyangwa se zidakira.
Si ubwa mbere muri uyu mwaka Perezida Ndayishimiye ahaya imbabazi imfungwa, kuko muri Gashyantare 2024 yatanze imbabazi maze ku munsi wa mbere harekurwa imfungwa 500. Abantu bari bazi ko biza gukomeza bafungura n'abandi ariko ntabwo byakomeje.
Icyegeranyo cyashyizwe hanze mu mwaka wa 2023 n'umuryango uharanira uburenganzira bw'ikiremwamuntu, CNIDH, cyerekanye ko igihugu cy' U Burundi cyari gifite imfungwa ibihumbi birenga 13.
Icyo cyegeranyo gikomeza cyivuga ko abagera ku bihumbi 6000 bafunzwe na dosiye bakorewe, naho abandi 136 bafungwa bafite indwara zo mu mutwe.
Mu Burundi, imfungwa zigera kuri 41%, zigiye kurekurwa
What's Your Reaction?










