Davido yahaye inkwenene mugenzi we Drake nyuma yo guhomba akayabo k’amafaranga
Umuhanzi Davido wo mu gihugu cya Nigeria yahaye urw’amenyo mugenzi we Drake wahombye asaga Miliyoni 615 yari yashese mu mukino w’iteramakofi wahuzaga Antony Joshua na Ngannou.
Ni umukino waberaga mu gihugu cya Saudi Arabia wahuje Champion Francis Ngannou na Antony Joshua.
Uyu muraperi Drake yaje guterekaho akayabo gasaga miliyoni 615 z’amanyarwanda avuga ko Francis Ngannou aza gutsinda uyu mukino gusa ntibyaje kumuhira kuko mu mikino ibiri gusa bakinnye, Antony yakubise Francis ibipfunsi byinshi ahita amutsinda Drake ahomba atyo.
Ni kenshi usanga abantu bagira inama uyu mugabo yo kureka gukina iyi mikino y’amahirwe kuko nta mugisha abifitemo cyane ko atari ubwa mbere ashyizeho akayabo bikarangira atashye yimyiza imoso.
What's Your Reaction?










