Anne Kansiime yagaragaje ukuntu TikTok icisha bugufi Abanya-Afurika
Umunyarwenyakazi wo mu gihugu cya Uganda, Anne Kansiime yikije ku kuntu urubuga rwa TikTok rufite ibyamamare muri Afurika ariko rutabahemba.
Anne Kansiime umaze kubaka ibigwi mu ruganda rw'urwenya mu gihugu cya Uganda no mu karere k'Afurika y'i Burasirazuba yavuze ko urubuga rwa TikTok rutita ku barukoresha bo muri Afurika kuko rutabahemba nk'uko rubikora muri Amerika.
Umunyarwenya, Anne Kansiime yagarutse ku kibazo abakoresha TikTok bo muri Afurika bahura nacyo.
Ukuri guhari, urubuga rwa TikTok ntiruratangira guhemba abarukoresha bo muri Afurika ariko ruhemba abo muri Amerika. Abo muri Afurika akenshi basaruraho atari make babicishije mu kwamamaza indirimbo cyangwa se iby'ibigo runaka bikora.
Imibare igaragazwa n'urubuga Gelato.com ivuga ko uwo muri icyo gihugu ugizeho miliyoni z' abarebye amashusho yashyizweho, ahembwa hagati y'Amadolari 20 na 40.
Mu ntangiriro za 2025 rwahuye n'ibibazo muri Amerika, Leta irarufunga amasaha arenga 14 nyuma rurafungurwa.
Perezida Donald Trump yavuze ko ruhawe iminsi 90 ngo habe haganirwa ku mikorere yarwo muri Amerika. Biravugwa ko kugira ngo ruzakomeze gukorera muri icyo gihugu ruzagurwa n'Umunyamerika.
What's Your Reaction?










