Anne Kansiime yagaragaje ukuntu TikTok icisha bugufi Abanya-Afurika

Umunyarwenyakazi wo mu gihugu cya Uganda, Anne Kansiime yikije ku kuntu urubuga rwa TikTok rufite ibyamamare muri Afurika ariko rutabahemba.

Mar 25, 2025 - 12:32
Mar 25, 2025 - 15:11
 0
Anne Kansiime yagaragaje ukuntu TikTok icisha bugufi Abanya-Afurika

Anne Kansiime umaze kubaka ibigwi mu ruganda rw'urwenya mu gihugu cya Uganda no mu karere k'Afurika y'i Burasirazuba yavuze ko urubuga rwa TikTok rutita ku barukoresha bo muri Afurika kuko rutabahemba nk'uko rubikora muri Amerika.

TikTok ni urubuga rwo mu Bushinwa rwamuritswe mu mwaka wa 2016, rukorera mu bihugu bitandukanye byo hirya no hino ku Isi birimo n’ibyo muri Afurika. Abenshi barukoresha barangazwa n’amashusho ashyirwaho, maze na bo bakagira ayo babasangiza.

Umunyarwenya, Anne Kansiime yagarutse ku kibazo abakoresha TikTok bo muri Afurika bahura nacyo.

 Ati:"Abakoresha TikTok bo muri Afurika bakora amashusho meza, kubera ubwiza bwayo agakwirakwizwa hirya no hino ku Isi. Ndibaza kuki uru rubuga rutabahemba?"

 "Niba bemera gukorera muri Afurika kuki badahemba?"

Ukuri guhari, urubuga rwa TikTok ntiruratangira guhemba abarukoresha bo muri Afurika ariko ruhemba abo muri Amerika. Abo muri Afurika akenshi basaruraho atari make babicishije mu kwamamaza indirimbo cyangwa se iby'ibigo runaka bikora.

Imibare igaragazwa n'urubuga Gelato.com ivuga ko uwo muri icyo gihugu ugizeho miliyoni z' abarebye amashusho yashyizweho, ahembwa hagati y'Amadolari 20 na 40.

Mu ntangiriro za 2025 rwahuye n'ibibazo muri Amerika, Leta irarufunga amasaha arenga 14 nyuma rurafungurwa.

Perezida Donald Trump yavuze ko ruhawe iminsi 90 ngo habe haganirwa ku mikorere yarwo muri Amerika. Biravugwa ko kugira ngo ruzakomeze gukorera muri icyo gihugu ruzagurwa n'Umunyamerika.

What's Your Reaction?

like

dislike

love

funny

angry

sad

wow