Amakuru mashya ku burwayi bwa Papa Francis
Papa Francis yajyanywe mu bitaro mu cyumweru gishize ku wa 14 Gashyantare 2025, none bamusanzemo uburwayi bw’ubuhumekero buzwi nk’indwara y’umusonga mu bihaha.
Umushumba Mukuru wa Kiliziya Gatolika ku Isi, Papa Francis yafashwe n’uburwayi mu cyumweru gishize ajyanwa kwa muganga. Amakuru ava i Vatican aremeza ko arembejwe n’indwara y’umusonga mu bihaha.
Ku wa Kabiri tariki ya 18 Gashyantare 2025, Papa Francis w’imyaka 88 yacishijwe mu cyuma ngo basuzume indwara yamujyanye mu bitaro, babona indwara y’ibanze ari umusonga nk’uko byatangajwe n’ibiro bye by’i Vatican, Roma mu Butaliyani.
Inyandiko yasohowe na bo ivuga uko ameze igira iti:”Papa Francis wajyanywe mu bitaro mu cyumweru gishize, yarapimwe ku wa Kabiri bamusangamo indwara y’umusonga mu bihaha byombi.”
“Uyu mukambwe w’imyaka 88 yazahajwe n’indwara zirimo izijyanye n’ibihaha gusa akomeje kuvurwa no gusengerwa.”
Indwara y’umusongo mu bihaha ikunda gufata abakuze naho ubundi ni indwara iterwa na bakiteriya, fungi na virusi.
Papa Francis amaze iminsi azahajwe n’indwara ziganjemo iz’ubuhumekero. Imyaka ishize azahajwe n’iz’ubusaza dore ko agendera mu kagare k’abarwayi. Vatican yizeje abatuye Isi kubamenyesha buri kimwe ku buzima bwe.
What's Your Reaction?










