Abafana ba Wizkid ntibumva ukuntu yahizwe na Davido
Umuhanzi wo muri Nigeria, Davido yamaze kwandika amateka avuguruye, aba umuhanzi wa mbere wo muri Afurika yo mumnsi y’Ubutayu bwa Sahara ukurikirwa cyane ku rubuga rwa Instagram bituma abakunzi ba Wizkid bamurakarira.
David Adedeje Adeleke uzwi nka Davido yagize abamukurikira ku rubuga rwa Instagram bangana na miliyoni 30 aca ku bandi bahanzi bahanganye nka Wizkid, Tiwa Savage na Burna Boy.
Ibyo birahamywa n'urukuta rwe rwa Instagram aho abamukurikira bangana na miliyoni 30 bimugira umuhanzi wa mbere ukurikirwa cyane wo muri Afurika yo munsi y'Ubutayu bwa Sahara.
Ni mu gihe abandi bahanzi bagenzi be nka Wizkid afite abamukurikiraho bangana na miliyoni 18.1, naho Burna Boy afiteho miliyoni 17.9.
Uretse abo bakunda guhanganishwa na Davido, umuhanzikazi Tiwa Savage ni we uri hafi ya Davido n'abantu bamukurikiraho bagera kuri miliyoni 19.
Abafana ba Wizkid ntibanejejwe n'ibyo Davido yagezeho bamutega iminsi ko ibyo bitazarokora album aherutse gusohora yise "5IVE" igomba kutagera kure ngo ibe yanakundwa ku rubuga ruzitondeka ruzwi nka Billboard 200.
Hari undi wavuze ko abantu bakwiye kutabifata nk' ibintu bikomeye, ntacyabaye.
Ku rundi ruhande, Diamond Platnumz ari mu bahanzi bakurikirwa cyane kuri uyu mugabane w'Afurika kubera ko akurikirwaho n'abarenga miliyoni 18.
Abandi bahanzi nka Rema akurikirwaho na miliyoni 6, Fally Ipupa akurikirwaho na miliyoni 5 naho Harmonize na Tyla bakurikirwaho na miliyoni 11 buri umwe.
What's Your Reaction?










