IBANGA RY’UBUZIMA: Ibihuha bishobora gutuma wanga inzirakarengane ugakunda indyarya

May 28, 2025 - 14:25
May 28, 2025 - 15:03
 0
IBANGA RY’UBUZIMA: Ibihuha bishobora gutuma wanga inzirakarengane ugakunda indyarya

1. Nyuma y'imvura, umutaka uhinduka umutwaro, ndetse kenshi abantu bawusiga hanze kuko uba ujojoba amazi. Ibi twabisanisha nuko abantu benshi iyo bameze neza bibagirwa uwababaga hafi mu gihe batagikeneye ubufasha, ntibabiha agaciro ngo banabyubahe.

2. Ntukurire umusozi kugirango isi ikubone ahubwo ujye wurira umusozi kugirango ubone isi, muri make ugomba kwibanda ku mikurire yawe ku giti cyawe no kureba aho ugana ukareka gushaka kwemeza abantu.

3. Nyuma yo gushinja umuntu ibibi akora, ujye umusengera kugirango atungane nkuko ubyifuza cyangwa nkuko wowe utunganye ndetse umugire n'inama. Tujye tureka gucira abantu urubanza cyane kandi natwe tutari abere.

4. Mu gihe izuba rirenze ntukarire kubera ko amarira ashobora kukubuza kutabona inyenyeri. Iyo turi mu bibazo hari ubwo twibanda kuri ibyo bibazo bikatubuza kureba ibyiza dufite mu buzima bwacu. 

5. Ibihuha bishobora gutuma wanga inzirakarengane ugakunda indyarya. Ba umunyabwenge ku makuru uhabwa. Hagarika kumva amazimwe, hagarika ikwirakwizwa ryayo. Imyaka ntiyakwera neza mu gihe udakuyemo ibyonnyi biyangiriza.

6. Amazi yanduye ntabwo atuma ikimera kidakura, ntukareke amagambo mabi ubwirwa aguhagarika mu guharanira iterambere ryawe.

7. Kwiba ingoma bishobora kuba byoroshye ariko kubona aho uyikomera mu mahoro nicyo kibazo, ibi bisobanuye ko gukora ikibi cyangwa kugera ku bintu byuburiganya bishobora kuba byoroshye, ariko guhangana n’ingaruka biragoye cyane.

8. Ntuzigere ukoresha amafaranga yawe kubera ko inshuti zawe ziri kuyakoresha. Bashobora kuba bari kurya inyungu mu gihe wowe uri kurya igishoro cyawe.

9. Ku basore n’abakobwa iki kirabareba, gutereta Abakobwa cyangwa guteretwa n'Abahungu 5 icyarimwe ntabwo aribyo birenze, ahubwo ikirenze ni ugukundana n’Umukobwa/ Umusore umwe ugatuma abandi bakobwa/ Abasore 99 bamugirira ishyari kubera uko umukunda.

10. Kubwira umukunzi wawe aho uri, uwo murikumwe, igihe uri butahire ugaruka mu rugo, ntabwo ari ukugenzurwa cyangwa kukugenzura cyane, ahubwo byitwa kubahana.

Philemon Burgin

What's Your Reaction?

like

dislike

love

funny

angry

sad

wow