Perezida Emmanuel Macron w’Ubufaransa yasezeranyije kubaka bundi bushya igice cyahiye cya kiliziya nkuru ndangamateka ya Notre-Dame nyuma yaho gisenyewe n’inkongi y’umuriro.
Abazimya umuriro babashije kurokora igice kinini cy’iyi katederali imaze imyaka 850 yubatswe, harimo inzu muri rusange ndetse n’iminara ibiri yayo, gusa agasongero ndetse n’igisenge cyayo igice kimwe byahirimye.

Abazimya umuriro batangaje ko babashije kuwuhagarika nyuma y’amasaha icyenda barwana nawo.
Kugeza ubu nta mpamvu iramenyekana yateye iyi nkongi, ariko abategetsi bavuga ko bishobora kuba bifitanye isano n’imirimo yo kuyagura yarimo ikorwa.
bbc/Igisubizo.com